Home » Twafashe ibikoresho byinshi birimo za drone: Col Rugabo wa Twirwaneho

Twafashe ibikoresho byinshi birimo za drone: Col Rugabo wa Twirwaneho

0
twirwaneho
Advertisement
Business listing

Umutwe wa MRDP-Twirwaneho biciye muri Colonel Rugabo Fidèle, watangaje ko wafashe ibikoresho byinshi bya gisirikare by’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya RDC, birimo na za drone.

Ni nyuma y’uko M23 ku wa Gatatu tariki ya 1 Nyakanga yigaruriye uduce twa Mikenke na Bilalomboli itwirukanyemo izo ngabo.

Rugabo mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X, yavuze ko nyuma yo gufata Mikenke na Bilalomboli, ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa n’u Burundi zakomeje kugaba ibitero byo kurasa ibirindiro bya Twirwaneho biri i Mikenke.

Ati: “Nyuma yo gufata Mikenke na Bilalomboli, ubutegetsi bwa Kinshasa n’ubwa Gitega bukomeje ubushotoranyi bwo kurasa ibirindiro byacu biri i Mikenke.”

Yakomeje avuga ko MRDP/Twirwaneho izakomeza kurinda abaturage, anemeza ko muri iyo mirwano yafashe ibikoresho byinshi bya gisirikare, birimo drones.

Usibye Mikenke, kugeza kuri uyu wa Kane imirwano yari iri kubera mu gace ka Rwitsankuku, nk’uko amakuru aturuka ku rugamba abyemeza.

About The Author

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *