Rayon Sports na Jamus SC mu isibaniro ry’itike y’umukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup 2026
Kigali ikipe ya Rayon Sports ihagarariye u Rwanda iracakirana na Jamus SC yo muri Sudani y’Epfo mu mukino wa ½ cya CECAFA Kagame Cup 2026 utegerejwe cyane, ubera kuri Stade Kigali Pelé kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 4 Kanama 2026 saa moya(19:00).
Rayon Sports igeze muri iki cyiciro nyuma yo kwitwara neza mu mikino y’amatsinda, aho yasoje idatsinzwe, itaninjwijwe igitego ndetse ikomeza kwerekana urwego rwiza rw’imikinire.
Mu mikino yayo, yagaragaje ubusatirizi bukomeye kuko bwinjije ibitego bine (4) byose ndetse n’ubwugarizi bwizewe butakomwe mu nkokora n’abo bahanganye, ibintu biyihesha icyizere cyo kugera ku mukino wa nyuma.
Ku rundi ruhande, Jamus SC ikomeje kuba imwe mu makipe yatunguye benshi muri iri rushanwa. Iyi kipe yo muri Sudani y’Epfo yageze muri ½ itsinze Mogadishu City Club ibitego 2-1, nyuma yo kubanza gutsindwa igitego, igaragaza ubushake n’ubushobozi bwo guhindura umukino mu bihe bikomeye.
Umukino uheruka guhuza aya makipe yombi wabaye kwezi kwa Nyakanga uyu mwaka maze urangira Rayon Sports itsinze ibitego 4 kuri 3 bya Jamus SC, wari umukino wa gicuti wo kubafasha kwitegura neza iri rushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026.
Ikipe ya Rayon Sports iheruka muri ½ cya CECAFA Kagame Cup mu mwaka wa 2018 yari yabereye Dar es Saalam muri Tanzaniya kuva ku wa 29 Kamena 2018 kugeza kuwa13 Kamena 2018, icyo gihe yari yasezereye LLB Academic FC yo mu Burundi muri ¼ maze ihura na Azam FC muri ½ cy’irangiza isezererwa itsinzwe ibitego 4-2, Azam FC yegukana irushanwa itsinze Simba y’iwabo.
Ni mu gihe ikipe ya bya Jamus SC yo muri Sudani y’epfo aribwo bwambere yitabiriye CECAFA Kagame Cup. Ikindi ni uko ikipe ya Rayon Sports iheruka gutwara iki gikombe mu mwaka wa 1998 mbere y’uko iri rushanwa rihindurirwa izina rikitwa CECAFA Kagame Cup ubwo Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yatangiye kuritera inkunga muri 2002. Kuva icyo gihe Rayon Sports yaryitabiriye inshuro nyinshi ariko ntiyongera kuryegukana.
Ikipe isezerera indi muri uyu mukino irahita yerekeza ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup 2026, aho izahura n’itsinda hagati ya Al Hilal SC yo muri Sudani na Gor Mahia FC yo muri Kenya ziba zakinnye mbere.

