Al Hilal na Gor Mahia bahataniye itike y’umukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup 2026
Ikipe ya Al Hilal SC yo muri Sudani iracakirana na Gor Mahia FC yo muri Kenya mu mukino wa 1/2 cy’irangiza cya CECAFA Kagame Cup 2026 utegerejwe na benshi, ukinirwa kuri Stade Kigali Pelé kuri uyu wa Kabiri tariki ya 4 Kanama 2026.
Uyu mukino urahuza amakipe abiri afite amateka akomeye mu mupira w’amaguru wo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba n’iyo Hagati. Gor Mahia, ifite ibikombe bitatu bya CECAFA yatwaye mu mwaka wa 1980,1981 na 1985, mu gihe Al Hilal yifuza gutwara iki gikombe ku nshuro yayo yambere .
Al Hilal yageze muri iki cyiciro nyuma yo kwitwara neza mu matsinda, aho yanasoje ifite umusaruro mwiza kuko yasozanyije amanota 6/9, mu gihe Gor Mahia nayo yitwaye neza, ikarangiza iyoboye itsinda A yari iherereyemo . Abatoza b’impande zombi batangaje ko biteguye umukino ukomeye, buri ruhande rwizeye kugera ku mukino wa nyuma.
Abasesenguzi ba ruhago bavuga ko uyu mukino ushobora kugenwa n’ubushobozi bwo gukoresha ubusatirizi bw’aya amakipe neza no kwirinda amakosa mu bwugarizi, kuko yombi bigaragara ko ariyo azigamye ibitego byinshi muri iri rushanwa, Gor Mahia(+5) mu gihe Al Hilal(+6), uyu mukino uteganyijwe ku isaha ya saa cyenda z’uyu munsi.
Ikipe iza gutsinda hagati ya Al Hilal na Gor Mahia irahita ikatisha itike yerekeza ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup 2026, aho izahura n’iva hagati ya Rayon Sports na Jamus SC.
