Impinduka zakozwe muri Guverinoma zasize umwanya wa Minisitiri mu Biro bya Perezida wa Repubulika udafite umuntu kuko izo nshingano zitakiriho. Ni impinduka kandi zasize Minisiteri zifite abanyamabanga ba leta barenze umwe zibaye ebyiri.
Minisiteri y’Ibikorwaremezo yahawe minisitiri mushya n’abanyamabanga ba leta babiri.
Kuvanamo Minisitiri muri Perezidansi bivuze ko ubu hari Minisiteri 20, ziyobowe n’abaminisitiri 20 aho kuba 21 nk’uko byari bisanzwe. Abanyamabanga ba leta bo babaye 12 mu gihe bari basanzwe ari 11.
Minisiteri y’Ibikorwaremezo ubu ifite Minisitiri n’Abanyamabanga ba Leta babiri, mu gihe ubusanzwe yari ifite umwe. Ni Minisiteri ya kabiri ifite abanyamabanga ba leta babiri nyuma ya Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi.
Minisitiri mu Biro bya Perezida yari ashinzwe gusuzuma inyandiko zose zemejwe n’Inteko Ishinga Amategeko mbere y’uko zishyirwaho umukono na Perezida. Ashinzwe kandi gukurikirana ibibazo by’abaturage byagejejwe kuri Perezida, gushyira mu bikorwa ibyo Perezida yemereye abaturage no guhuza ibikorwa bya Guverinoma n’Inteko Ishinga Amategeko.
Uyu mwanya wariho Judith Uwizeye kuva mu 2017. Ubu yagizwe Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, inshingano n’ubundi yari afite mbere yo kugirwa Minisitiri muri Perezidansi.
Mbere ya Uwizeye, undi wabaye Minisitiri muri Perezidansi ni Venantie Tugireyezu. Ubu asigaye ari umucamanza mu Rukiko rw’Ubujurire. Tugireyezu yabaye Minisitiri muri Perezidansi kuva mu 2011.
Impinduka zakozwe muri Guverinoma muri manda ya Kane ya Perezida Kagame. Impinduka zaherukaga mu Ukuboza 2025, icyo gihe Dr Ndabamenye Telesphore yagizwe Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, mu gihe Dr Solange Uwituze yagizwe Umunyamabanga wa Leta.
Ni nabwo Dr Usta Kaitesi yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga asimbuye Gen (Rtd) James Kabarebe.
Muri Nzeri 2025, hari hakozwe impinduka imwe mu bagize Guverinoma, ubwo Yves Iradukunda yagirwaga Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo.
Izi nizo mpinduka zonyine zimaze gukorwa muri Guverinoma kuva muri Nyakanga 2025 ubwo Dr. Justin Nsengiyumva yagirwaga Minisitiri w’Intebe.
Mbere y’icyo gihe, izindi mpinduka zabayeho muri Guverinoma zari zakozwe tariki 20 Ukuboza 2024 muri Minisiteri ya Siporo, ubwo Nelly Mukazayire yagirwaga Minisitiri, hanyuma Rwego Ngarambe agirwa Umunyamabanga wa Leta. Ni nabwo Godfrey Kabera yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ushinzwe imari.